Rwanda | Nyabihu: Hagiye gutangizwa igikorwa cyo gukingira imbwa n’injangwe

    Mu karere ka Nyabihu hagiye gutangira igikorwa cyo gukingira imbwa n’injangwe,iki gikorwa kikaba kizanakorwa mu gihugu hose nk’uko ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyabihu Shingiro Eugene yabidutangarije.  Iki gikorwa cyo gukingira imbwa n’injangwe indwara y’ibisazi kikaba kizatangira ku wa 10/09/2012, kikaba kizakorwa mu rwego rwo kurinda ingaruka zaterwa n’amatungo nk’aya igihe yaba ariye ikintu cyangwa umuntu afite iyo ndwara y’ ibisazi.Imbwa  n’injangwe zigiye gukingirwa mu karere ka Nyabihu mu rwego rwo kurinda ingaruka zatera                                                                                  

Mu karere ka Nyabihu hagiye gutangira igikorwa cyo gukingira imbwa n’injangwe,iki gikorwa kikaba kizanakorwa mu gihugu hose nk’uko ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyabihu Shingiro Eugene yabidutangarije.

Iki gikorwa cyo gukingira imbwa n’injangwe indwara y’ibisazi kikaba kizatangira ku wa 10/09/2012, kikaba kizakorwa mu rwego rwo kurinda ingaruka zaterwa n’amatungo nk’aya igihe yaba ariye ikintu cyangwa umuntu afite iyo ndwara y’ ibisazi.

Veterineri w’akarere ka Nyabihu avuga ko imbwa cyangwa injangwe birwaye ibisazi,iyo biriye umuntu cyangwa ikintu”inyamabere muri rusange” ,amaraso ye agahura n’amacandwe yabyo ahita arwara ibisazi. Ahanini agahita arwara pararize bikarangira apfuye iyo adakingiwe. Ibi kandi ngo bishobora kuba ku nyamabere zose izi nyamaswa zarya zirwaye.

Mu rwego rwo gukumira izi ngaruka zaterwa n’inyamaswa  nk’izi ,Shingiro Eugene akaba avuga ko ariyo mpamvu iyi gahunda yo kuzikingira yaje kandi ikaba izakorwa mu gihugu hose. Mu karere ka Nyabihu hakaba habarurirwa imbwa zirenga 180 n’injangwe zigera kuri 70. Zikaba  zizakingirwa mu rwego rwo gukumira ibyo bibazo,ari nayo mpamvu uyifite wese asabwa kutazacikanwa n’iyi gahunda.

 

 

Speak Your Mind

*