Rwanda | Muhanga: Bazanye uburyo bushya bwo kurindisha inka ntibuzigireho ingaruka mbi

Muhanga Abaveterineri n’abandi babyigiye bagiye kwibumbira hamwe ngo bazamure ubworozi

Dr Ferdinand Bizimana, umukozi ushinzwe ubworozi mu karere ka Muhanga avuga ko bagiye gutangiza uburyo bushya bwo kurindisha inka butarigera bukoreshwa ahandi mu turere tw’u Rwanda. Ubu buryo bushya ngo ni uburyo bwo gukoresha ikimasa cyabugenewe mu kurindisha inka gusa ariko kitazimya. Bizimana avuga ko iki kimasa kizategurwa bayobya inkaka yayo kugirango igihe kigiye kurira [...]

Rwanda | Nyabihu:Inka zigera ku 6000 ziba mu nzuri 264 zo muri Gishwati nizo zitahiwe gukingirwa indwara y ubutaka

Inka zigera ku 6000 ziba

Indwara y’ubutaka ni indwara mbi cyane, iterwa n’udukoko twibera mu butaka tukamaramo imyaka myinshi, imvura yagwa cyangwa imikungugu n’umuyaga byaza tukazamuka, itungo ryaturisha cyangwa ryaduhumeka rigafatwa n’iyi ndwara nk’uko  Shingiro Eugene ushinzwe ubworozi muri Nyabihu yabidutangarije. Shingiro yongeraho ko iyi ndwara y’ubutaka ari indwara yica cyane, itabanje kugaragaza ibimenyetso. Ari nayo mpamvu bahagurukiye kuyirwanya. Inka [...]

Rwanda | Nyabihu: Bitabiriye kwitura bagenzi babo bituma barenza inka bari biyemeje gutanga

Nyabihu Bitabiriye kwitura

Nk’uko twabitangarijwe na Shingiro Eugene ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyabihu kuri uyu wa 25/06/2012,mu karere ka Nyabihu mu rwego rw’ubworozi bari biyemeje mu muhigo ko bazoroza abatishoboye inka 500 muri gahunda ya Girinka,ariko izi nka zaje kurenga ku buryo inka zorojwe zageze kuri 721. Nk’uko Shingiro Eugene yabigarutseho,ngo icyatumye besa umuhigo wabo ku buryo [...]

Rwanda | Nyagatare: Ubuyobozi bw’akarere bwahagurukiye gukumira indwara y’uburenge ivugwa muri Uganda

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burahamagarira aborozi bo muri ako karere gufata ingamba zo gukumira indwara y’uburenge bw’inka, kuri ubu ivugwa mu turere twa Uganda duhana imbibe n’Akarere ka Nyagatare, birinda urujya n’uruza rw’inka n’ibizikomokaho hagati y’utwo turere n’Akarere ka Nyagatare. Ubwo yaganiraga n’abaturage bo mu Murenge wa Musheri, kuri uyu wa 20 Kamena 2012, ari [...]

Rwanda | Muhanga: Ibibazo by’abafatanyabikorwa byatumye ubworozi bw’inka bucumbagira

Rwanda | Muhanga Ibibazo

Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko bwagiye bugira ibibazo binyuranye biturutse ahanini ku bafatanyabikorwa babo, bituma ubworozi bw’inka muri aka karere butagenda nk’uko bari barabihize. Umukozi w’akarere ka Muhanga ushinzwe ubworozi Dr Ferdinand Bizimana avuga ko bari barahize ko uyu mwaka bazazana inka 1002 bazoroza abaturage ariko ngo magingo aya bamaze kuboroza inka 790 gusa. [...]

Rwanda | Abaveterineri bo mu ntara y’amajyaruguru barasabwa kwita ku bworozi bw’amatungo magufi

Guverineri w’intara y’amajyaruguru arasaba abaveterineri bo mu turere two muri iyo ntara gufasha abaturage guteza imbere ubworozi bw’amatungo magufi kugira ngo bwunganire ubw’amatungo maremare(Inka). Tariki ya 09/05/2012, mu karere ka Musanze, ubwo abaveterineri 31 bo mu turere twose two mu ntara y’amajyaruguru bahabwaga impamyabumenyi zibemerera gutera intanga inka, Bosenibamwe Aimé yavuze ko usanga abaveterineri bita [...]

Rwanda | Veterineri wa mbere w’inka ni nyirayo akaba n’umushumba wayo-Murayire

tariki ya 10/5/2012 mu murenge wa Kirehe ho mu karere ka Kirehe bamwe mu baturage bahawe inka muri gahunda ya girinka n’ubudehe bituye abandi baturage batari bagerwaho n’iyi gahunda ngo ni mu rwego rwo guha inka buri munyarwanda wese. Nkuko umuyobozi w’umurenge wa Kirehe Nsengiyumva Appolinaire yabivuze ngo iyi ni gahunda yatangijwe yo guha inka [...]

Rwanda | Gatsibo: umubare w’inka wiyongera isoko ry’amata ritiyongera

Akarere ka Gatsibo gatangaza ko nubwo umubare w’inka wiyongera mubagatuye amata menshi akoreshwa n’abaturage aho kugera ku isoko.   Gahunda yo gutanga inka 73 mu mirenge 9 y’akarere ka gatsibo yatumye akarere kagira inka zigera ku bihumbi 78 zitanga umukamo w’amata ungana na litiro 34 000, amenshi akoreshwa mu ngo n’abaturage kuko agera kuri litiro 6000 [...]

Rwanda | Ngororero: Umusaruro w’amata aturuka mu nzuri zo muri Gishwati ntuhabwa agaciro

Ngororero Umusaruro

Mu karere ka Ngororero haboneka inzuri nyinshi kandi nini ziherereye mwishyamba rya Gishwati zikaba zororewemo inka nyinshi zitanga umukomo, ariko amata aturuka muri izo nzuri akaba ntasoko afite kuburyo akajerikani kajyamo litilo 5 z’amata kagura amafaranga 300 gusa, naho ijerikani nini ya litilo 20 ikagura amafaranga 1500. Ubwo twasuraga abantu baragirira muri izo nzuri, badutangarije [...]

Rwanda : Indwara y’ubutaka yarahagurukiwe

Rwanda Indwara y’ubutaka

Mu rwego rwo kurwanya indwara y’ubutaka ikunze kwibasira inka, mu karere ka Nyabihu kuri uyu wa 19 Mata batangiye gahunda yo gukingira inka indwara y’ubutaka”Cahrbon”. Iki gikorwa kugeza ubu kikaba kiri kubera mu murenge wa Mukamira, Bigogwe na Kabatwa  bikaba biteganyijwe ko kizakorwa mu karere kose nk’uko Shingiro Eugene ushinzwe ubworozi mu Karere ka Nyabihu [...]