Rwanda : Korora inkwavu bisaba kuzitaho cyane kuko zipfa ubusa

Kororainkwavubisabakuzitahocyanekukozipfaubusa

Inkwavu zizirana n’ubukonje haba mu byo zirya n’aho ziba. Ku bw’iyo mpamvu umworozi wa zo aba agomba kuzubakira akazu kari mu kirere, ndetse n’ubwatsi agiye kuzigaburira akabanza kubushyira ku kazuba ngo buvemo urume. Iyo inkwavu zihuye n’ubukonje zihita zirwara ubujanja, maze zigasubira inyuma mu mikurire ya zo, kuko ziba zitabasha kurya. Ibyo bikaba bishobora kuziviramo [...]

Rwanda : Mworozi menya ibyiza byo guhunika ubwatsi bw’amatungo n’ubwoko bw’ubwatsi wahunika

Ubwatsi bushobora kumishwa bukabikwa ku buryo umworozi yabugaburirira amatungo mu gihe cy’izuba

  Nk’uko tubikesha imfashanyigisho ya “RARDA” ikigo cyahoze gishinzwe ubworozi mu Rwanda ubu kibarizwa muri RAB, ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, iyi mfashanyigisho yatanzwe mu kuboza mu mwaka wa 2008, ngo ubwatsi bw’amatungo ubusanzwe ni ibyatsi bikomoka ku bimera ariko bagaburira amatungo. Ibyo byatsi bikaba bihingwa mu butaka ariko bikitabwaho nk’ibindi bihingwa byose. [...]

Rwanda | Nyabihu:Inka zigera ku 6000 ziba mu nzuri 264 zo muri Gishwati nizo zitahiwe gukingirwa indwara y ubutaka

Inka zigera ku 6000 ziba

Indwara y’ubutaka ni indwara mbi cyane, iterwa n’udukoko twibera mu butaka tukamaramo imyaka myinshi, imvura yagwa cyangwa imikungugu n’umuyaga byaza tukazamuka, itungo ryaturisha cyangwa ryaduhumeka rigafatwa n’iyi ndwara nk’uko  Shingiro Eugene ushinzwe ubworozi muri Nyabihu yabidutangarije. Shingiro yongeraho ko iyi ndwara y’ubutaka ari indwara yica cyane, itabanje kugaragaza ibimenyetso. Ari nayo mpamvu bahagurukiye kuyirwanya. Inka [...]

Rwanda : Mworozi menya uburyo wahinga Desmodium spp, ibyatsi bigaburirwa amatungo agatanga umusaruro ushimishije

Mworozi menya uburyo

Mu Kinyarwanda icyatsi cya Desmodium bakunze kukita umuvumburankwavu, kigira izina ryemewe ku isi ari ryo “Desmodium”. Amoko atatu yabyo aboneka mu Rwanda ni Desmodium intornum(mill.)Urb, Desmodium uncinatum (Jacq.)DC.na Desmodium distortum. Mbere y’uko tuvuga ku buryo ihingwa reka tuvuge ku kamaro iki cyatsi gifite mu bworozi. Ibyiza bya Desmodium ku matungo Nk’uko tubikesha imfashanyigisho ya  RARDA [...]

Rwanda | Nyagatare: Ubuyobozi bw’akarere bwahagurukiye gukumira indwara y’uburenge ivugwa muri Uganda

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burahamagarira aborozi bo muri ako karere gufata ingamba zo gukumira indwara y’uburenge bw’inka, kuri ubu ivugwa mu turere twa Uganda duhana imbibe n’Akarere ka Nyagatare, birinda urujya n’uruza rw’inka n’ibizikomokaho hagati y’utwo turere n’Akarere ka Nyagatare. Ubwo yaganiraga n’abaturage bo mu Murenge wa Musheri, kuri uyu wa 20 Kamena 2012, ari [...]

Rwanda : Aborozi bakwiye kumenya no kurinda amatungo yabo indwara y amakore

Aborozi bakwiye kumenya no

Indwara y’amakore izwi ku izina rya “Brucellose”mu rurimi rw’igifaransa cyangwa “Brucellosis” mu rurimi rw’icyongereza ni indwara iterwa n’agakoko ka bagiteri kitwa “Brucella abortus, brucella mertensis”. Ni indwara ifata amatungo ageze mu gihe cyo kubyara ikayatera kuramburura ariko ifata n’imfizi ikazitera imisuha”orchitis”. Ni indwara yandura cyane iva ku itungo rirwaye ijya kurindi kuko ikirambu,imiziha n’ibisanza byose [...]

Rwanda : Amatungo yose arakamwa

Amatungo yose arakamwa

Aya ni amagambo ya Madamu Mukampore Viviane, umukozi w’urugaga Imbaraga rw’abahinzi borozi, akaba akora mu mushinga Proxivet uru rugaga rushyira mu bikorwa rufatanyije n’abaveterineri batagira umupaka . Yabwiraga abana biga ku ishuri ribanza rya Kabuga ryo mu Murenge wa Mbazi. Hari mu gikorwa cyo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’amata uba ku itariki ya 1 Kamena, ubwo [...]

Rwanda | Amafi agaburirwa ibiryo bikungahaye ku ntungamibiri kugira ngo atange umusaruro mwiza

Uretse ibiryo kamere byikora mu mazi, amafi akenera ibiryo by’inyongera bikize ku ntungamibiri za ngombwa kugira ngo akure neza maze atange umusaruro mwiza. Ubwoko bw’amafi bwitwa ibihwati n’ingege zirya utunyabuzima tuba mu mazi. Ni yo mpamvu ibyuzi bigomba gufumbirwa  hagati y’ibiro 20 na 50 kuri ari imwe buri cyumweru kandi ifumbire iboze neza kugira ngo [...]

Rwanda | Abacuruza amatungo bakwiye kujya bayatwara mu buryo butayahungabanya

Abacuruza amatungo

Iyo urebye uburyo  bamwe mu bantu bacuruza amatungo bayatwara usanga biteye inkeke kuko hari abayatwara mu buryo bubangamiye ubuzima bwayo. Amatungo akunze guhura n’ikibazo nk’iki cyane ni ayo mu bwoko bw’ibiguruka (inkoko, imbata, dendo) kuko ba nyiri ukuyatwara baba bashaka gutwara menshi, maze hakaba ubwo usanze nk’umuntu yapakiye inkoko mu mufuka ubundi akikorera. Kubera ubwinshi [...]

Rwanda | Aborozi bagomba kwirinda imbaragasa n’inda kuko biri mu byibasira inkwavu

Aborozi bagomba

Aborozi bagomba kwirinda tumwe mu dukoko tuboneka ahororerwa inkwavu kuko dushobora gutera indwara, zikaba nk’icyorezo mu bworozi bukorewe hamwe. Aha havugwa imbaragasa n’inda, aho bavuga ko zigira uruhare mu kuzana indwara ziterwa na virusi, uduhumyo (mycoses) na bagiteri muri ubwo bworozi nkuko bivugwa n’ushinzwe ubworozi mu karere ka Bugesera Kayitankore Leonidas. Ati “ iyo zigeze [...]